Ikipe ya RSSB Tigers BBC yakoze amateka yo gutwara Igikombe cy’irushanwa rya Basketball Africa League, BAL 2026, nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88, mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame.
Umukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026 muri BK Arena, witabiriwe n’abatari bake harimo n’abanyacyubahiro barimo Perezida Kagame, Perezida wa BAL, Madamu Jeannette Kagame, Amadou Gallo Fall, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi, Perezida wa FIBA Africa, Anibal Aurelio Manave n’abandi.
Nubwo Ikipe ya RSSB Tigers yatangiye isa n’ihuzagurika, agace ka mbere karangiye ari amanota 27 ya Petro de Luanda kuri 16 ya RSSB Tigers BBC ariko mu gace ka kabiri, RSSB Tigers BBC yarushije Petro de Luanda, iyobora umukino ku manota 42-37.
Agace ka gatatu karangiye RSSB Tigers BBC ifite amanota 61-59, biyifasha gukomeza kuyobora umukino kugeza mu gace ka kane nako karangiye itsinze umukino ku manota 90-88.
Muri uyu mukino witabiriwe na Perezida Kagame na Jeannette Kagame, watumye Craig Randall II wafashije RSSB Tigers BBC aba umukinnyi mwiza w’irushanwa, mu gihe Muthiang Mangok yabaye umwiza wugarira.
