Amakuru Ubuzima

Ba minisitiri b’ubuzima bo muri EAC bahuriye mu biganiro bigamije gukumira Ebola

Kuva kuri uyu wa Mbere, ba Minisitiri b’Ubuzima bo mu bihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, bahuriye mu biganiro bigamije guhuza ibikorwa byo gukumira icyorezo cya Ebola mu Karere.

Ubunyamabanga bwa EAC, bwatangaje ko iyo nama yari ikenewe kubera ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola cyane cyane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda.

Iyi nama kandi igamije gukomeza kubaka ubushobozi bwo kwitegura no guhuza ibikorwa hagati y’ibihugu byo mu Karere mu rwego rwo guhangana n’icyo cyorezo.

Ubu imibare igaragaza ko muri Congo hari abantu barenga 1,000 bakekwaho kuba baranduye Ebola, naho nibura 246 bamaze guhitanwa na yo.

Ni mu gihe mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, bivugwa ko abantu icyenda banduye Ebola, naho umuntu umwe akaba amaze guhitanwa na yo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *