Ubutabera

Gasabo:Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka icyenda

 

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwakiriye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 37 y’amavuko wakoraga akazi ko mu rugo ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 9 w’aho yakoraga.

Uwo musore yafashwe ku itariki ya 17/09/2025, mu Mudugudu wa Akamamana, Akagali ka karuruma, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, afatirwa mu rugo yakoragamo nk’uko Ubushinjacyaha bubivuga.

Akurikiranyweho kuba mu bihe bitandukanye by’ukwezi kwa 08/2025 yarasambanyije uyu mwana. Byamenyekanye ko asambanya uyu mwana, ubwo umuturanyi wabo yarebaga muri Terefoni y’uwo musore agasangamo amashusho yafashe ari gusambanya uwo mwana.

Mu ibazwa rye, uregwa yemera icyaha; asobanura ko yatangiye gusambanya uwo mwana mu kwezi kwa 08/2025 kandi ko byose yabitewe n’inzoga, abisabira imbabazi.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *