Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyarashe drone ya Iran kiyishinja gusatira ubwato bw’intambara bwa Amerika buzwi nka USS Abraham Lincoln hafi ya Iran.
Iyi drone yakorewe muri Iran izwi nka Shahed-139, bivugwa ko yagurukaga isatira ubu bwato bunini bwa Amerika kuri uyu wa wa 3 Gashyantare 2026 igahita iraswa.
Umuvugizi w’Ishami ry’Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati ‘CENTCOM’, Navy Captain Tim Hawkins yahamirije Reuters ko indege y’intambara ya F-35C iturutse kuri Abraham Lincoln yahanuye drone ya Iran mu buryo bwo kwirinda no kurinda ubu bwato n’ababurimo.
Uyu muvugizi yavuze ko nta Munyamerika cyangwa igikoresho cya Amerika cyagiriye ikibazo muri iki gikorwa.
Igitangazamakuru cya Tasnim cyo muri Iran cyavuze ko iyi drone yabuze ihuzanzira igeze mu mazi mpuzamahanga, icyakora ntihamenyekana icyayigenzaga.
Hashize iminsi Amerika ishinja Iran kwica abigaragambya no gukomeza umugambi wayo wo gutunganya ingufu za nucléaire hagamijwe gukora intwaro kirimbuzi ariko Iran ikabihakana.
Ibi bibaye mu gihe bivugwa ko ibiganiro hagati ya Iran na Amerika bishobora kubera mu Mujyi wa Istanbul muri Turikiya ku wa 6 Gashyantare 2026. Bizahuza Minisitiri Araghchi n’intumbwa ya Trump, Steve Witkoff.
Ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga mu bihugu nka Misiri, Oman, Pakistan, Qatar, Arabie Saoudite na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na bo baratumiwe.
