Umwe mu bantu bafatanywe inzoga zitujuje ubuziranenge zitwa Kunjakunja kuri iki cyumweru tariki 15 Gashyantare 2026, bazindutse basanga yaguye muri kasho ya Polisi ya Gahunga hakekwa ko yaba yazize indwara y’umutima.
Uyu mugabo witwa Musirikare Jean wo mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, yafashwe kuri iki cyumweru ari kumwe n’abandi bantu bafatanywe inzoga zitujuje ubuziranenge zitwa Kunjakunja bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, nibwo bagenzi be bakangutse basanga adahuneka babimenyesha polisi, abapolisi nabo bafunguye aho bari bacumbikiwe muri kasho basanga yamaze gushiramo umwuka nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ngirabakunzi Ignace.
Ati “Ku munsi w’ejo nibwo uwitwa Musirikare Jean yafatanwe n’abandi mu bikorwa byo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge cyane cyane iyo bise izina rya “Kunjakunja” we na bagenzi be bajyanwe muri Polisi kugira ngo bakurikiranwe, mu gitondo abo bararanye, babwira Polisi ko hari uwo bari kumwe, udahumeka. Abapolisi basanze yashizemo umwuka.”
“Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko uyu nyakwigendera yari asanzwe arwaye indwara y’umutima kandi afatwa ntiyigeze abivuga. Gusa umurambo wa Nyakwigendera woherejwe muri RFI kugira ngo hamenyekane neza icyamwishe.”
Minisitiri y’Ubuzima yo iheruka gutangaza ko hari abantu barenga 229 bagannye amavuriro biturutse ku nzoga kandi muri bo 28 zabahitanye abandi zibatera ubumuga bwo kutabona no kutumva.
